Umugenzuzi Mukuru Wungirije yasoje amahugurwa yitabiriwe n’abagenzuzi bo muri Mali
Umugenzuzi Mukuru w'Imari Wungirije, Habimana Patrick, ku wa 13 Kanama 2026, yasojje amahugurwa y’iminsi itanu yo kungurana ubumenyi hagati ya y'Urwego rw'Umugenzuzi Mukuru w'Imari ya Leta ya Mali n’Urwego rw’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta n’Umutungo wa Leta mu Rwanda.
Muri uku kungurana ubumenyi, itsinda rya BVG Mali ryagize amahirwe yo gukorana n’itsinda rya OAG ku bijyanye n’igenzura ry’ikoranabuhanga mu ikoranabuhanga ry’amakuru (Information Technology Audit), ndetse impande zombi zisangira ubunararibonye ku bijyanye n’imikorere n’uburyo bwo gukora igenzura, ndetse n’inzira z’igenzura.
Mu ijambo rye risoza aya mahugurwa, Umugenzuzi Mukuru Wungirije (DAG) yavuze ko aya mahugurwa yahaye ibigo byombi amahirwe yo kwigira kuri buri ruhande.
Yagize ati “Ni ibyishimo bikomeye kwifatanya namwe uyu munsi, ubwo turi gusoza imikoranire yanyu mu by’umwuga no kungurana ubumenyi mu bya tekiniki kwari kumwe n’Ibiro by’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta mu Rwanda. Mureke mbashimire kuba mwarahisemo kumarana natwe iki gihe hano mu Rwanda. Kuba muri hano byahaye ibigo byacu byombi amahirwe meza yo kwigira kuri buri ruhande, gusangira ubunararibonye no kurushaho gukomeza umubano wacu mu by’umwuga.”
Yakomeje agira ati “Ndashaka gushimira by’umwihariko itsinda rishinzwe Igenzura ry’Imikorere (Performance Audit Team) ku nkunga ryatanze muri iki gikorwa cyose. Murakoze ku bwitange, ubufatanye, ubushake bwo gusangira n’abandi ndetse no ku kuba mwariteguye gusangiza bagenzi bacu baturutse muri Mali ubunararibonye mufite. Ndashimira kandi itsinda rya BVG ku ruhare rwayo rugaragara muri iki gikorwa. Kungurana ubumenyi mu by’umwuga si ugusangira gusa ibyo dukora; ahubwo ni no kwigira kuri buri ruhande.”
Yashimangiye ko hari ubucuti n’umubano ukomeye hagati y’u Rwanda na Mali, ko ibihugu byombi bifite intego zihuriweho zo kugira ibigo bya Leta bikomeye, gukoresha neza umutungo wa Leta, guteza imbere imiyoborere ibereye no kunoza serivisi zihabwa abaturage. Bityo, ubufatanye bwabyo mu bijyanye n’igenzura ry’urwego rwa Leta atari ubufatanye bw’umwuga gusa;ko ahubwo ari n’igice cy’ umuco w'ubuvandimwe no gushyira hamwe by’Abanyafurika.
Amasezerano aganisha ku birenze inyandiko
Umugenzuzi Mukuru Wungirije yashimangiye ko amasezerano y’ubufatanye hagati ya OAG na BVG Mali ari kugana mu cyerekezo gitanga umusaruro urenze ibikubiye mu masezerano asanzwe ahuza ibi bigo byombi by’igenzura.
Yagize ati: “Nizeye ko ubufatanye bwacu burenze isinywa ry’amasezerano, bukaba umubano ufatika kandi ufite akamaro. Uruhare rw’itsinda rya BVG Mali muri iki gikorwa ni urugero rwiza rw’uko ubufatanye bwacu bushobora gutanga umusaruro ufatika mu mwuga. Nimucyo dukomeze gushimangira ubucuti hagati y’u Rwanda na Mali, kandi ibigo byacu byombi by’igenzura bikomeze kuba urugero rw’ibigo bya Afurika bigira ibyo byigiraho kuri bagenzi babyo kandi bikabafasha.”
Yasabye abo ku ruhande rwa BVG Mali na OAG gukomeza guhererekanya amakuru no gukomeza inzira z’itumanaho zifunguye, agira ati: “Iki ntikibe iherezo ry’imikoranire yacu, ahubwo kibe indi ntambwe iganisha ku bufatanye burambye. Nimucyo dukomeze gusangira ubunararibonye, gushyigikira iterambere ry’ubunyamwuga no gushakisha izindi nzego ibigo byacu byombi byakoramo hamwe.”
José Pierre Félix Coulibaly, wari uyoboye itsinda rya BVG Mali, yashimiye OAG Rwanda ku bw’inararibonye n’ubumenyi yasangije itsinda rye mu bijyanye n’igenzura ry’ikoranabuhanga mu ikoranabuhanga ry’amakuru. Yagaragaje ko ubumenyi bungukiwe muri uku kungurana ubumenyi buzafasha mu kunoza imikorere y’igenzura ry’ikoranabuhanga no kongerera ubushobozi abagenzuzi ba BVG Mali.
Coulibaly yagize ati: “Turashimira byimazeyo Ibiro by’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta mu Rwanda ku bwakiriye neza ndetse no ku bw’inararibonye n’ubumenyi bw’agaciro byasangije intumwa zacu, cyane cyane mu bijyanye n’igenzura ry’ikoranabuhanga mu ikoranabuhanga ry’amakuru (IT Audit). Uku kungurana ubumenyi kwaduhaye ubumenyi ngiro buzadufasha kunoza imikorere n’ubushobozi bwacu mu igenzura ry’ikoranabuhanga muri BVG Mali. Turashimira cyane u Rwanda ku bw’ubushake rugaragaza mu gusangira ubumenyi, kandi twizeye ko ubufatanye no kungurana ubunararibonye hagati y’ibigo byacu byombi bizakomeza.”
Uruzinduko rwa BVG Mali rwabaye mu rwego rw’Amasezerano y’Ubufatanye yashyizweho umukono hagati ya BVG Mali n’OAG Rwanda ku itariki ya 14 Nzeri 2023. Aya masezerano atanga umusingi ukomeye w’ubufatanye, gusangira ubumenyi no kongerera ubushobozi ibigo byombi by’Ikirenga bishinzwe ubugenzuzi bw’imari ya Leta (Supreme Audit Institutions - SAIs).